Kuki yise Interahamwe Imfura? Amagambo ya MBANDA ahatse iki?
Intsinzi TV Intsinzi TV
430K subscribers
80,667 views
781

 Published On Oct 9, 2024

Inkuru ya ‪@IGIHE_Official‬ iragira iti:

Amagambo ya Mbanda Jean wakubise ikofe Minisitiri, ahatse iki?

“Ari umudepite yigeze gukubita Minisitiri ikofe. Ndabizi neza ko yamukubise, nari mpari. Yari umuntu kuva kera iyo wavugaga ikintu, yabanzaga kwerekana ko atari cyo.” Uwo ni umwe mu babanye na Mbanda Jean mu Nteko Ishinga Amategeko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya 1994-1999.

Mbanda Jean Daniel w’imyaka 71, muri iyi minsi ari kugarukwaho cyane nyuma y’amagambo yavuze, ko adashobora kuvuga ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi ko abarimo Matayo Ngirumpatse wari uyoboye MRND, ishyaka ryabarizwagamo urubyiruko rw’Interahamwe, wanahamijwe ibyaha bya Jenoside agakatirwa igifungo cya burundu, ari umuntu w’imfura.

Biragoye kumenya impamvu Mbanda yavuze aya magambo, gusa na none ntibitangaje bitewe n’uko ateye kuko abamuzi bamusobanura nk’umuntu utoroshye kandi uhora ku ruhande rutandukanye n’urw’abandi.

Ubishaka arebe ikiganiro yahaye abanyamakuru muri Gicurasi 2024 ubwo yatangaga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu. Bamubazaga iki, agasubiza ikindi.

Mbanda yabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yamazemo imyaka itanu, kugeza mu 1999, nyuma y’aho aza gufungwa igihe gito.

Mu 2017, yaganiriye na IGIHE avuga ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari kumwe na murumuna we gusa, mu muryango mugari w’abantu 10 b’iwabo.

Uyu musaza amaze igihe kinini ataba mu Rwanda kuko yavuye mu gihugu mu 2007 yerekeza muri Canada we n’umuryango we, ahageze akora imirimo iciriritse itandukanye ndetse n’ubwarimu.

Kuva mu 2017, ni umugabo uza mu Rwanda gusa mu gihe cy’amatora, akamara igihe kinini mu rugo rwe ruri ku Kicukiro munsi ya Hotel Classic, aho asobanura ko akunda kuba ari wenyine, adatembera cyane ahubwo ko amara igihe kinini yicaye ku ibaraza asoma ibitabo.

Mu 2017, yageze i Kigali ahindura imvugo, avuga ko adashobora kwiyamamaza ngo ahatane na Perezida Kagame kuko ibyo yagejeje ku Rwanda ari “igitangaza”.

Nyuma y’imyaka irindwi, yagarutse mu Rwanda maze muri Gicurasi 2024, atanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu nubwo itemejwe na Komisiyo y’Amatora kuko atari yujuje ibisabwa.

Yavuze ko ari bwo buryo bwiza abona yafashamo Umukuru w’Igihugu!

Kuki yise Ngirumpatse imfura?

Abazi neza Mbanda ntibatunguwe n’imvugo ze, kuko ngo kuva kera, yakundaga kugira imvugo zitavugwaho rumwe, agaheza inguni mu bintu bitandukanye n’ibizwi nk’ukuri kugira ngo agire igitekerezo kinyuranye n’iby’abandi.

Umwe mu bazi Matayo Ngirumpatse na Mbanda, yabwiye IGIHE ko ibyo Mbanda yavuze, yabikoze nkana “ahari ashaka kuvugisha abantu” kuko ngo ari umwe mu bazi ubugome bwe [Ngirumpatse] kuko bwamugizeho ingaruka.

Yavuze ko nubwo Ngirumpatse “yaba yarabaye imfura”, ibibi yakoze birusha kure ibyiza bye.

Ati “Ngirumpatse wa mbere ya politiki y’amashyaka menshi n’uwa nyuma wa Politiki y’amashyaka menshi, baratandukanye. Ibyo [Mbanda] avuga kuri Ngirumpatse ni yo byaba byarabaye byo, ariko abareranywe na we, abo bakoranye n’abandi, baravuga bati uriya muntu yari umuntu muzima, uburozi yariye ntabwo tuzi ubwari bwo, ku buryo yahindutse kuriya n’akagofero ke k’Interahamwe n’amagambo y’Ubuterahamwe. Noneho [Mbanda] agashaka kuvuga ko Ngirumpatse wa kera ari we abantu bakwiriye gukomeza kumva, oya, ntabwo bishoboka.”

Matayo Ngirumpatse wabaye Perezida wa MRND, ishyaka ryabagamo Interahamwe zakoze Jenoside, yakatiwe igifungo cya burundu mu 2011 nyuma yo guhamywa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mbere yo kuyobora MRND, yari umuntu wabarizwaga muri iri shyaka ndetse mu gihe atabaga ari mu bikorwa bya politiki yabaga ari guhimba indirimbo. Ni we wahimbye iya mbere isingiza Perezida Habyarimana mu 1973 akijya ku butegetsi. Yitwaga “Rutikanga impuruza”, yaririmbwe na Chorale de Kigali icyo gihe.

Yigeze gukora imbwirwaruhame yamenyekanye cyane mu mateka, ihamagarira Interahamwe kujya mu gihugu hose, kandi ko gahunda yo kuzifasha atayivugira mu ruhame. Ibyo yavugaga ni byo byari bikubiyemo umugambi wo gutsemba Abatutsi.

show more

Share/Embed